vendredi 23 novembre 2012

Ubundi nta muntu n’umwe udakunda kwishima. Mu buzima umuntu uwo ariwe wese ahora aharanira kwishima ndetse ibyo byishimo anaharanira kubigeza no ku bandi. Urukundo rwo rero noneho ni urundi rwego nta muntu numwe wishimira kuba mu rukundo rumubuza amahoro n’ibyishimo. Ushobora kuba warinjiye mu rukundo uziko ugiye kurubonamo ibyishimo ariko ukaba utari kubibona, igitabo the truth of love kirakugira inama zo kubanza gutekereza kuri ibi bibazo: 1. Ese narakunze ndanakundwa? 2. Ese uwo nakunze niwe wari unkwiriye? 3.Ese we ndamunyura ? Yishimira ko dukundana cyangwa yumva abangamiwe ? 4. Ese buriya abandi babona ibyishimo mu rukundo babikurahe ? Buriya se njye nkundanye n’undi utari uyu sinakwishima nk’abandi ? 5. Ese ubu uwo dukundana ndamuzi neza cyangwa muzi igice cyangwa inyuma gusa ? 6. Buriya se ko arankunda koko bimurimo cyangwa arahatiriza yabuze aho yahera ambwira ngo tubivemo ? 7. Kuki numva gukundana nawe ntabwisanzure bimpa ? Buriya se niwe ubumbuza cyangwa ni njye ubwiyima ? Ubundi se ubwisanzure nshaka ni ubumeze bute ? 8. Gukundana nawe se bimariye iki ? Hari inyungu amfitiye mu buzima busanzwe se bwa buri munsi ? 9. Kuki numva ntamwisanzuraho mu biganiro tugirana bya buri munsi ? 10. Kuki numva mwishisha ku buryo numva kuba nagira igihe turi twembi gusa bintera impungenge ? Ese ubwo ni uko ntamwizera cyangwa ni uko imico ye ni imyitwarire ye nta kizere bindemamo ? 11. Kuki nta na rimwe atarya anyereka ko akeneye cyangwa ashishikajwe no kumenya imishinga mfite ngo ananyereke ko ashaka kunshyigikira ? Ibi kimwe n’ibindi bibazo bitandukanye wakwibaza mu rukundo bigenda bibamo ibigushimisha kubera ko uba wabiboneye igisubizo cyiza kimwe n’uko harimo n’ibindi bikubuza amahoro n’ibyishimo ndetse bikaguca n’intege, biragusaba ubushishozi rero. Ikindi kandi hari ibyo wibaza ndetse ushobora no kubaza uwo mukundana maze ukumva uko abitekereza n’uko yakira kuba ujya utekereza kuri ibyo.


Ubundi nta muntu n’umwe udakunda kwishima. Mu buzima umuntu uwo ariwe wese ahora aharanira kwishima ndetse ibyo byishimo anaharanira kubigeza no ku bandi.

Urukundo rwo rero noneho ni urundi rwego nta muntu numwe wishimira kuba mu rukundo rumubuza amahoro n’ibyishimo. 


Ushobora kuba warinjiye mu rukundo uziko ugiye kurubonamo ibyishimo ariko ukaba utari kubibona, igitabo the truth of love kirakugira inama zo kubanza gutekereza kuri ibi bibazo: 

1. Ese narakunze ndanakundwa?

2. Ese uwo nakunze niwe wari unkwiriye?
3.Ese we ndamunyura ? Yishimira ko dukundana cyangwa yumva abangamiwe ?

4. Ese buriya abandi babona ibyishimo mu rukundo babikurahe ? Buriya se njye nkundanye n’undi utari uyu sinakwishima nk’abandi ?

5. Ese ubu uwo dukundana ndamuzi neza cyangwa muzi igice cyangwa inyuma gusa ?

6. Buriya se ko arankunda koko bimurimo cyangwa arahatiriza yabuze aho yahera ambwira ngo tubivemo ?

7. Kuki numva gukundana nawe ntabwisanzure bimpa ? Buriya se niwe ubumbuza cyangwa ni njye ubwiyima ? Ubundi se ubwisanzure nshaka ni ubumeze bute ?

8. Gukundana nawe se bimariye iki ? Hari inyungu amfitiye mu buzima busanzwe se bwa buri munsi ?

9. Kuki numva ntamwisanzuraho mu biganiro tugirana bya buri munsi ?

10. Kuki numva mwishisha ku buryo numva kuba nagira igihe turi twembi gusa bintera impungenge ? Ese ubwo ni uko ntamwizera cyangwa ni uko imico ye ni imyitwarire ye nta kizere bindemamo ?

11. Kuki nta na rimwe atarya anyereka ko akeneye cyangwa ashishikajwe no kumenya imishinga mfite ngo ananyereke ko ashaka kunshyigikira ?

Ibi kimwe n’ibindi bibazo bitandukanye wakwibaza mu rukundo bigenda bibamo ibigushimisha kubera ko uba wabiboneye igisubizo cyiza kimwe n’uko harimo n’ibindi bikubuza amahoro n’ibyishimo ndetse bikaguca n’intege, biragusaba ubushishozi rero.

Ikindi kandi hari ibyo wibaza ndetse ushobora no kubaza uwo mukundana maze ukumva uko abitekereza n’uko yakira kuba ujya utekereza kuri ibyo. 

mercredi 21 novembre 2012




Ingano y’igitsina cy’umugabo ntaho ihurira no gukora imibonano mpuzabitsina neza


Bamwe mu bagabo, usanga bagira impungenge z’ingano y’igitsina cyabo bakakigaya ubuto, ugasanga bibaviriyemo kubura umunezero igihe cyo gukora imibonano mpuzabitsina.
Inzobere mu bijyanye n’ibitsina ariko zitangaza ko nta mugabo ukwiye kubigiraho impungenge kuko ingano y’igitsina ntaho ihurira no gukora imibonano mpuzabitsina neza.
Urubuga rwa Topsante rutangaza ko igitsina cy’umugabo kiringaniye kiba gipima hagati ya santimetero 12 na 17 igihe cyafashe umurego, hakaba n’abashobora kurenza izi ngero ariko ngo ntibikunze kubaho.
Izi nzobere zivuga ko nta mugabo ukwiye guterwa ipfunwe n’ingano y’igitsina cye ngo ni kigufi( gito), kuko n’abagore benshi batinya ibitsina bikabije kuba birebire .
Ikindi gishobora gutuma abagabo batagomba guhangayikishwa n’ingano y’igitsina cyabo ni uko agace kabitse ukunyurwa k’umugore kaba munsi ya santimetero enye gusa uhereye ku gitsina inyuma, mu gihe muri rusange igitsina cy’umugabo gipima guhera kuri santimetero 12 kuzamura.
Inama zitangwa ku bagabo bumva ko bafite igitsina gito, ngo nukwikuramo ko igitsina cyabo ari gito, kandi mu gihe bagiye gukora imibonano n’abo bashakanye bakabanza gufata umwanya wo gutegurana bihagije.
Ikindi kandi ngo ni ugukora isuku ku myanya ndangagitsina bogosha ubwoya buba hejuru y’igitsina, kuko iyo bubaye bwinshi bushobora gukingiriza igitsina kikagaragara nk’aho ari gito



Ese koko gutakaza ubusugi ukuze byaba ari byiza ?

Ubushashatsi bwakorewe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, bwagaragaje ko umugore watakaje ubusugi akuze aba afite amahirwe yo kugira umunezero mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina kurusha uwabutakaje akiri muto.
Amakuru dukesha urubuga rwa 7sur7 atangaza ko ubushakashatsi bwakozwe n’impuguke mu bijyanye n’ubumenyamuntu, bakaba barakoreye ubu bushakashatsi ku bagore batandukanye muri Texas, byagaragaye ko abagore batakaza ubusugi bakiri bato munsi y’imyaka 20 batanyurwa n’imibonano mpuzabitsina iyo bageze igihe cyo kubaka ingo.
Nk’uko abakoze ubu bushashatsi bakomeza babitangaza, ngo umugore watakaje ubusugi bwe afite hejuru y’imyaka 20 agira umunezero mu gihe cy’icyo gikorwa kubera ko umubiri uba waramaze kwitegura.
Nyuma yo kubona ibyavuye muri ubu bushakashatsi twegereye bamwe mu bagore ngo tubiganireho, batubwira ko icyiza cyo gutakaza ubusugi ukuze ari uko mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina uba uzi icyo ugiye gukora kandi ukagiha agaciro.
Umugore witwa Mukasekuru yatangarije IGIHE ko gutakaza ubusugi ukuze nta ko bisa, kuko ngo bituma utona ku mugabo kandi nawe ukumva ufite ishema ry’uko ushatswe ukiri isugi.
Mukasekuru yavuze ko biguhesha ishema bikarihesha n’umuryango ukomokamo ndetse n’imbere y’umugabo wawe.
Undi mugore utarashatse ko amazina ye tuyatangaza, yatubwiye ko ngo n’ubwo impamvu zituma umugore atakaza ubusugi zitandukanye, ngo inama yagira abakobwa bakiri bato ni ukwirinda kubigiramo uruhare kuko hari abamara gushakwa abagabo bagahora babibacyurira.